Perezida Evariste Ndayishimiye yihakanye abasirikare umutwe wa M23 werekanye nyuma yo kubafatira mpiri ku rugamba, avuga ko atari ab’u Burundi.
Mu mezi abiri ashize ni bwo M23 yerekanye abasirikare yemeje ko ari ab’u Burundi bari baragiye guha umusada Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Ni abasirikare uyu mutwe wafatiye mu gace ka Kitshanga ko muri Teritwari ya Masisi, ndetse aberekanwe bose bemeje ko ari abo mu gisirikare cy’u Burundi.
Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ukuboza, yavuze ko abo M23 yerekanye ari abarwanyi bo mu mutwe wa RED-Tabara usanzwe urwanya ubutegetsi bw’igihugu cye.
Ati: “Abasirikare inyeshyamba za M23 zeretse itangazamakuru zivuga ko ari Abarundi bafashwe mpiri ni inyeshyamba za RED-Tabara ziyunze kuri M23.”
Ndayishimiye yavuze ko iyi mitwe yombi yahisemo amayeri y’umukino wo “kwicana mu mutwe mu rwego rwo guca intege ingabo z’u Burundi.”
Ni Ndayishimiye cyakora wemeye ko hari abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego guha umusada Ingabo z’iki gihugu.


