Burundi:Babiri bari barahungiye mu Rwanda bafunzwe nyuma ya disikuru ya P.Ndayishimiye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa mbere, abagabo babiri bo muri komini ya Musigati na Banza, mu ntara ya Bubanza batawe muri yombi n’abapolisi bakorera muri icyo gice bacyekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba urwanya Uburundi.

Aba batawe muri yombi ni abahoze ari impunzi mu nkambi zo mu Rwanda bari barahahungiye mu 2015 ubwo muri iki gihungu hageragezwaga coup d’etata yo guhirika Perezida Nkurunziza ariko ikaza gupfuba. Aba bagabo kandi bahurije ku kuba ari abanyamuryango ba (MSD) ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Bashinjwa n’ubuyobozi bwa Gitega kuba barifatanije n’umutwe w’inyeshyamba wa Red_Tabara urwanya Leta y’u Burundi.

Icyakurikiye itabwa muri yombi ryabo bagabo, amazu yabo yahise asakwa ariko nta kintu na kimwe cyagaragaye kibahamya ko bakorana n’aba barwanyi ba RED Tabara.

SOSmedia Burundi, itangaza ko hari n’ibindi byaba byihishe inyuma yiri tabwa muri yombi.

Ibi bije nyuma y’imbwirwaruhame Perezida w’u Burundi Ndayishimiye ahurutse kubwira abanyamaku n’abaturage ko u Rwanda rufasha umutwe wa RED Tabara, ariko rwo rukaba rwarabihakanye.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Burundi:Babiri bari barahungiye mu Rwanda bafunzwe nyuma ya disikuru ya P.Ndayishimiye
    Twebwe ntangingo twofata

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *