Inyeshyamba zo mu burasirazuba bwa Congo zashimuse abapadiri babiri ba Kiliziya gaturika mu gace kamaze imyaka ibiri karangwamo ubwicanyi nk’uko bytangajwe n’inama ya ba musenyeri kuri uyu wa Mbere.
Abapadiri bashimuswe ni Charles Kipasa na Jean-Pierre Akilimali, bakaba barakuwe muri Paruwasi ya Bunyuka, iherereye hagati y’imijyi ya Butembo na Beni, aho batwawe n’agatsiko k’abantu bagera mu 10 bitwaje intwaro mbere gato ya saa yine z’ijoro kuri iki Cyumweru gishize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nama ya ba musenyeri (CENCO), irahamagarira inzego z’umutekano gukora ibishoboka zikabohoza abo bapadiri. Abandi bapadiri batatu bigeze guhimutirwa muri iki gice mu Ukwakira 2012 na n’ubu ntibarabohozwa nk’uko itangazo rya CENCO rivuga.
Muri Beni hamaze igihe harangwa ubwicanyi bwa hato na hato bwatangiye mu Ukwakira 2014, usanga ahanini bukoreshwa imipanga bukorwa n’abantu akenshi batameyekana, abasivili babarirwa muri Magana bakaba bamaze kubusigamo ubuzima.
Src: Reuters
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


