Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Gen Rudzani Maphwanya, yatangaje ko Ingabo Afurika y’Epfo izohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisasimbura iza MONUSCO ziri mu nzira zo kuhava.
Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bigize umuryango wa SADC byemeye kohereza Ingabo mu burasirazuba bwa RDC, mu rwego rwo kurwanya inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Mu mpera z’umwaka ushize ni bwo Ingabo z’iki gihugu zatangiye kugera mu burasirazuba bwa RDC.
Gen Maphwanya wari mu muhango wabereye ahitwa Thaba Tshwane sports grounds, yavuze ko Afurika y’Epfo yahisemo kohereza Ingabo muri RDC bijyanye no kuba iki gihugu cyarananiwe gukemura amakimbirane gifitanye na M23 biciye mu nzira ya dipolomasi.
Gen Rudzani Maphwany yavuze ko Ingabo za Afurika y’Epfo ziteganya “gukoresha ingufu zisumbuyeho” mu rwego rwo gutsinda M23.
Kuri ubu Afurika y’Epfo irateganya gushora muri RDC miliyari 10 z’ama-Rand (arenga Frw miliyari 670) yo kuyifasha mu bikorwa byo kurwanya M23.


