Kimenyi Yves na Muyango basezeranye imbere y’amateko

Sangiza iyi nkuru

Kimenyi Yves usanzwe ari umukinnyi ukomeye mu Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko na Muyango witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2019.

Aba bombi basezeraniye kubana akaramata muri salle yo mu nyubako y’umujyi wa Kigali aho bari babukereye.

Urukundo rw’aba bombi rwavugishije benshi nyuma y’uko Bose bari Bamaze kuba ibyamamare.Imyaka yari ibaye itanu bimenyekanye ko bari mu rukundo.

Muri Gashyantare 2021, nibwo Kimenyi yambitse impeta y’integuza Muyango amusaba ko yazamubera umugore none akaba abishyizeho akadomo.

Ibyo byakurikiwe n’ibirori bisezera ku bukumi byakorewe Muyango mu mpera z’ukwezi dusoje k’Ukuboza 2023, gusa hagati aho Mbere bari babanje gutuza kugirango bitegure Ari nabwo muri icyo gihe banabyaye umwana w’umuhungu.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu taliki 6Mutarama 2023 aribwo hazaba ubukwe bwabo.Kimenyi Yves aherutse kugira imvune y’ukuguru, haba impungenge ko ubukwe bwabo bwasubikwa ariko bikaba yaraje koroherwa.

Uyu musore w’imyaka 33 y’amavuko yanyuze mu makipe atandukanye arimo APR FC , Kiyovu Sports na AS Kigali ariyo kugeza ubu ibarizwamo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *