Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo-Brazzavile bahakanye amakuru y’uko kimwe muri ibi bihugu byaba biri mu biganiro na Guverinoma ya Israel, mu rwego rwo kwakira abanya-Gaza bahunze intambara y’iki gihugu n’umutwe wa Hamas.
Ni nyuma y’uko umwe mu bayobozi bakuru bo muri Guverinoma ya Israel yabwiye Ibiro Ntaramakuru Zman Israel ko ibiganiro hagati ya Guverinoma ya kiriya gihugu n’iya Congo kuri ubu bigeze kure.
Ati: “Congo izagira ubushake bwo kwakira abimukira, kandi turi no mu biganiro n’abandi.”
Uyu muyobozi wo mu nzego z’umutekano ntiyigeze asobanura niba Congo Kinshasa ari yo izakira abo bimukira cyangwa Congo-Brazzavile.
Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu butumwa yanditse kuri Twitter ye, yavuze ko RDC “nta biganiro ibyo ari byo byose byerekeye abimukira bo muri Gaza iri kugirana na Israel.”
Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Brazzaville akanaba Minisitiri w’Itangazamakuru muri iki gihugu, Thierry Moungalla, na we yabeshyuje ayo makuru avuga ko Brazzaville “nta biganiro byerekeye iyo ngingo” iri kugirana n’ubutegetsi bw’i Tel Aviv.


