M23 yashyize mu gatebo kamwe Radio Okapi na RTLM

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wagereranyije Radio Okapi y’Umuryango w’Abibumbye na Radiyo Rutwitsi ya RTLM, nyuma y’inkuru iheruka gutangaza iwushinja kubuza abatuye muri Rutshuru gusarura imyaka yabo.

Ni inkuru Radio Okapi yatangaje Ku wa Mbere tariki ya 8 Mutarama, nyuma yo guhabwa amakuru na Jean-Claude Mbabaze ukuriye Sosiyete sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kabiri, yamaganye ibyatangajwe n’iriya radiyo, avuga ko Okapi yashingiye ku makuru atari yo bikarangira iyobeje abayumva.

Kanyuka yakomeje anenga iriya Radiyo yashinje guhinduka umuyoboro ubutegetsi bwa RDC bunyuzamo Propagande zabwo; agaragaza ko ntaho isigaye itaniye na RTLM.

Ati: “Mu kwemeza inkuru za Kinshasa, Radio Okapi ishishikariza imvugo z’urwango no gucamo ibice abaturage ikaba mu byago byo gutera ikirenge mu cya Radio Mille Collines yo mu Rwanda yenyegeje Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakozwe n’Interahamwe na Ex FAR (FDLR).”

M23 yashinje Sosiyete Sivile yo muri Kivu ya Ruguru guhimba ibimenyetso kiriya gitangazamakuru cyatangaje, by’umwihariko bigizwemo uruhare na Mbabaze usanzwe utuye i Goma aho kuba mu Rutshuru.

Yunzemo ko uyu mugabo na we usanzwe ari umuvugabutumwa na we asigaye yarahindutse igikoresho cya Leta y’i Kinshasa, nyamara M23 itarigeze na rimwe ibangamira ibikorwa bye birimo n’urusemgero afite mu mujyi wa Rutshuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *