Guverineri wa Kinshasa yasabwe kwegura no kwishyikiriza ubushinjacyaha kubera ubujura

Sangiza iyi nkuru

Guverineri Gentiny Ngobila, usanzwe ayobora Intara ya Kinshasa, yasabwe kwegura akanishyikiriza ubutabera nyuma yo gushinjwa ubujura bw’amajwi no kwiba ibikoresho byari kwifashishwa mu matora aherutse kuba mu Kuboza 2023 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa kabiri, aho inteko ishingamategeko y’intara y’umurwa mukuru wa DR Congo, Kinshasa, yakuye ubudahangarwa kuri uyu Guverineri imutegeka kwegura mu masaha atarenze 24 akishyikiriza ubucamanza.

Gentiny Ngobila wabanje kuba guverineri w’intara ya Mai-Ndombe kugeza mu 2019 ubwo yatorerwaga kuba guverineri wa Kinshasa no gutirwa nk’umusenateri, arashinjwa ubugizi bwa nabi, kwiba amajwi, no kwiba ibikoresho by’itora, nk’uko BBC ibikesha bimwe mu binyamakuru birimo nka l’Agence Congolaise de Presse.

Guverineri Gentiny Ngobila Mbaka ari mu bantu 82 Komisiyo y’amatora ya DR Congo yasheshe ibyavuye mu matora kuri bo kubera kwiba amajwi no gutunga imashini z’itora mu matora yo mu kwezi gushize.

Aba uko ari 82, bagiye bagana inkiko ngo zibarenganure kuko bagaragazaga ko komisiyo y’amatora yabarenganyije.Ibyo byakurikiwe no kuba Umushinjacyaha w’urwo rukiko yategetse ko abo banyapolitike biyamamazaga batagomba gusohoka mu gihugu.

Gukura ubudahangarwa kuri Guverineri Gentiny, bije nyuma gato y’uko urukiko rushinjwe kurinda Itegeko Nshinga kuri uyu wa Kabiri rwemeje ko Perezida Tshisekedi bidasubirwaho ariwe watsinze amatora.

Uru rukiko rwatesheje agaciro ibirigo birimo abakandida umunani bari bahanganye na Tshisekedi bavuga ko amatora yasubirwamo kuko atanyuze mu mucyo.Urwo rukiko rwavuze ko ibibazo byabaye mu matora bidafite ingaruka ku byavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, nk’uko umwanzuro w’uru rukiko uvuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *