Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abasirikare babiri ba FARDC bari bakurikiranyweho gukorana na M23 bakatiwe igifungo cy’imyaka 10.
Ni umwanzuro urukiko rwafashe kuri uyu wa Kane w’ejo hashize, aho abagera kuri 21, barimo n’abo basirikare babiri bashinjwa icyaha cyo gutera inkunga u mutwe w’inyeshamba wa M23.
Amakuru atangazwa na MCN, avuga ko bamwe muri bo bakatiwe igihano cyo gufungwa kuva ku myaka itanu(5) kugeza ku myaka icumi(10) abandi bagirwa abere.
Nk’uko iki Kinyamakuru kibitangaza, urukiko rwa Gisirikare ruherereye i Gombe, mu Mujyi wa Kinshasa rwafashe umwanzuro ko abantu 9 muri bariya makumyabiri n’umwe 21, bagirwa abere naho abasirikare bo bakatirwa gufungwa Imyaka 10, mu gihe abandi basivili batanu basigaye bakatiwe gufungwa imyaka 5.
Ibi bivuzwe, mu gihe muri iki cyumweru hamenyekanye amakuru y’uko hari abasirikare benshi bakomeje kwitandukanya n’igisirikare cya Congo (FARDC), bagasanga umutwe wa M23 mu rwego rwo guhuza imbaraga n’aba barwanyi mu kurengera Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bakomeje kwamburwa Uburenganzira bwabo no gukorerwa iyicarubozo na Leta iyobowe na Perezida Tshisekedi.


