Kuri uyu wa Gatanu taliki, 12 Mutarama 2024, nibwo urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza Ubushinjacyaha buregamo Kazungu Denis.
Urukiko rwasubitse uru rubanza nyuma yo kubisabwa n’uwunganira Kazungu Me Murangwa Faustin, aho yavuze ko atigeze abona umwanya wo kwiga neza Dosiye.
Ni ku nshuro ya Kabiri uru rubanza rusubikwa , kuko na taliki 5 uku kwezi nabwo rwarasubitswe ku mpamvu z’uko Ubushinjacyaha bwasabye ko Dosiye y’ibyaha uko ari 14 Kazungu aregwamo yahurizwa hamwe aho kuburana kimwe ku kindi.
Indi mpamvu yagaragajwe icyo gihe n’uko hari uwaregeye indishyi wasabye ko rwasubikwa.Urukiko rwanzuye ko urubanza rusubikwa rukimurirwa tariki 2 Werurwe 2024 Saa Tatu za mu gitondo.
Kazungu Denis, ukurikiranyweho ibyaha 14 birimo icy’ubwicanyi buturutse ku bushake n’iyicarubozo, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu, n,ibindi bitandukanye.
Kazungu yatawe muri yombi ku wa 5 Nzeri 2023 mu gihe Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 ku wa 26 Nzeri 2023.


