Guverinoma ya Burkina Faso yemeje ko ku wa Kane tariki ya 18 Mutarama muri icyo gihugu hageragejwe Coup d’état, ariko iza kuburizwamo.
Byemejwe n’umuvugizi wa Guverinoma wamaganye icyo yise “kugerageza ubugira kenshi guhungabanya” kiriya gihugu giherereye mu karere ka Sahel.
Rimtalba Jean Emmanuel Ouédraogo yavuze ko abagerageje uriya mugambi bamaze gutabwa muri yombi.
Uyu yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko mu busanzwe Capitaine Ibrahim Traoré uyoboye Burkina Faso mu buryo bw’inzibacyuho yagombaga guhirikwa ku butegetsi Ku wa 14 Mutarama, gusa uza kwigizwa inyuma.
Ni umugambi yavuze ko wari uhuriwemo na bamwe mu bahoze mu gisirikare cya kiriya gihugu n’abakikirimo, abasivile na bamwe mu mpirimbanyi zifite umugambi wo guteza akaduruvayo mu gihugu.
Uyu mugambi ngo waburijwemo nyuma y’amakuru yatanzwe n’inzego z’ubutasi za Burkina Faso.
Coup d’état yo ku wa Kane yabaye iya kane yari iburijwemo muri Burkina Faso, kuva Capitaine Ibrahim Traoré yafata ubutegetsi muri Nzeri 2022 abuhiritseho Lt. Col Paul-Henri Damiba.


