Misiri yatangaje ko yiteguye gutabara Somalia mu gihe Ethiopia yavogera ubusugire bwa yo

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki 21 Mutarama, Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi, yatangaje ko igihugu cye kitazemera ko hagira uwo ari we wese uhungabanya Somalia, nyuma y’uko Ethiopia ivuze ko itekereza kwemera ubwigenge bwa Somaliland mu masezerano azayemerera kugera ku nyanja.

Aya magambo ni yo akomeye avuzwe kuri iki kibazo na Misiri, isanzwe ifitanye umubano utifashe neza na Ethiopia, kandi ni ikimenyetso cy’uko Cairo ishobora kwinjira mu makimbirane mashya yongeye kuzamura umwuka mubi mu Ihembe rya Afurika.

Somaliland yatangaje ubwigenge bwayo yiyomora kuri Somalia mu 1991 ariko ntiyigeze yemerwa n’igihugu icyo ari cyo cyose. Amasezerano yo gukoresha ibyambu bya Somaliland, yemeranijweho mu ntangiriro z’uku kwezi ariko atarapfundikirwa, yaba ari inyungu kuri Ethiopia idakora ku nyanja kandi yarakaje cyane Somalia.

Kuri Perezida Sisi “Misiri ntizemera ko hagira umuntu ubangamira Somalia cyangwa ngo ahungabanye umutekano wayo.”

Yongeyeho ati: “Ntimuzagerageze Misiri, cyangwa ngo mugerageze gutera ubwoba abavandimwe bayo cyane cyane mu gihe basaba gutabarwa.”

Mu masezerano y’ubwumvikane yo ku wa 1 Mutarama, Ethiopia yavuze ko izatekereza kwemera ubwigenge bwa Somaliland kugira ngo nay o yemererwe gukoresha icyambu cyayo. Ethiopia iteganya gukodesha ubutaka bungana na kilometero 20 ku nkombe zikikije icyambu cya Berbera, mu kigobe cya Aden, mu myaka 50 ikabukoresha mu bikorwa bya gisirikare n’ubucuruzi.

Icyambu rukumbi Ethiopia ikoresha muri iki gihe mu koherezwa ibicuruzwa byayo mu mahanga kiri mu gihugu cy’igituranyi cya Djibouti nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Perezida Sisi ati: “Ubutumwa bwanjye kuri Ethiopia ni uko … kugerageza gufata ubutaka kugira ngo ubugenzure ni ikintu hatagira umuntu ucyemera.”

Kuri iki Cyumweru, Ethiopia yamaganye ibyatangajwe na Misiri kubera ayo masezerano, ivuga ko ari amasezerano y’ubucuruzi agamije gusa kugera ku nyanja kandi atari ukugerageza kwigarurira igihugu.

Umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri Ethiopia, Redwan Hussien yagize ati: “Ntabwo ari ukwigarurira cyangwa gufata icyemezo ku busugire bw’igihugu icyo ari cyo cyose.”

Mu cyumweru gishize minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Misiri yavuze ko Ethiopia ari isoko y’umutekano muke muri ako karere, ariko minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu ivuga ko “ntaho bihuriye”.

Umubano hagati y’ibihugu bya Misiri na Ethiopia, bisangiye imikoreshereze y’Uruzi rwa Nili, kuva mu 2011 wahungabanyijwe n’urugomero runini Ethiopia yubatse kuri Nil, ibyo Misiri yafashe nko kuyikupira amazi ikesha ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *