M23 iravuga ko yatanze isomo muri Mweso mu gihe havugwa indi mirwano i Kanyamahoro

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’inyeshyamba zifatanya na FARDC (Wazalendo) biravugwa ko yaramukiye ku muhanda Kanyamahoro-Buhumba muri Teritwari ya Nyiragongo hafi y’Umujyi wa Goma.

Amakuru aturuka aho atangazwa n’uruhande rwegereye guverinoma aravuga ko inyeshyamba za M23 zihanganye na Wazalendo, aho ngo urusaku rw’intwaro nto n’iziremereye rwumvikana mu nkengero za Kanyamahoro ariko no muri Kibumba muri Pariki ya Virunga.

Abaturage bagize bati «  Inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku birindiro bya Wazalendo zirasa amabombe no ku birindiro bimwe bya FARDC,  »

Ku ruhande rwa M23, umuvugizi wa yo, Laurence Kanyuka, abinyujije kuri X yavuze ko «  ahagana saa 5h40, ingabo z’ikibi z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye uduce dutuwe cyane muri Mweso no mu nkengero zaho. Nk’ibisanzwe, M23 yarinze kinyamwuga abasivili yirukanira kure ibyo bigwari, byataye intwaro zabyo ku rugamba,  »

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *