Amerika yongeye gusaba iperereza ku matora yabaye muri DR Congo

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko amatora abaye muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo ntavugweho rumwe na benshi ndetse Amerika ikaza gusaba ko hakorwa iperereza ariko ntirikorwe , kurubu yongeye gusaba ko haba igenzura ryimbitse..

Iri genzura Amerika isaba ko ryakorwa,ni mu rwego rwo gushaka kumenya niba intsinzi ya Tshisekedi yaranyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

Ni amakuru yatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony J. Blinken, aho yasabye ababifite mu nshingano gukora ibishoboka byose kugirango hatangwe umucyo ku bashidikanya ko Perezida Tshisekedi atatowe.

Ni icyifuzo cyatanzwe kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko bamwe mu bari bahatanye na Perezida FĂ©lix Tshisekedi barimo Moise Katumbi ,Martin Fayulu n’abandi bavuze ko Komisiyo y’igenga y’amatora ((CENI), yibiye amajwi Tshisekedi.

Ibi bibaye mu gihe Kuwa Gatandatu taliki 20 Mutarama 2024 aribwo Perezida Tshisekedi yarahiriye kuyobora DR Congo nyuma y’ukwezi kumwe amatora abaye muri iki gihugu.

Src:MCN

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *