Mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa urupfu rw’abantu bagera kuri 6 baguye mu mpanuka y’ubwato bwavaga mu murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bwerekeza mu murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana.
Ubu bwaro bwari butwaye abantu barenga 40 bukora impanuka batandatu barimo abana n’abakuze bahasiga ubuzima.
Amakuru avuga ko 31 barohowe mu gihe hari abandi bivugwa ko baburiwe irengero bagishakishwa n’inzego zitandukanye.
Byabye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu taliki 26, Mutarama, 2024 mu kiyaga cya Mugesera gikora ku turere twa Rwamagana, Ngoma na Bugesera.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP. Twizeyimana Hamduni, yatangaje ko iyi mpanuka y’ubwato yatewe n’uko bwari buhetse abantu benshi.
Yavuze ko ubusanzwe ubwo bwato bwemerewe gutwara abantu 15 ariko hakaba hari harimo abantu bikekwa ko barenga 40 kongeraho n’imizigo yabo.
SP Hamdun Twizeyimana ati: “Ni impanuka yatewe no gutwara abantu benshi barenze ubushobozi bw’ubwato, ubwo bwato ni ibiti ariko bufite moteri rero abantu bwari butwaye bavaga Rukumberi berekeza Karenge, abenshi bahinga i Rukumberi bagataha Karenge.”
SP Twizeyimana avuga ko abaturage bakomeje kuvuga ko hari abandi bantu bari mu mazi baburiwe irengero bakaba bagishakishwa.
Ubwato bwarohamye bwakoreshwaga na koperative izwi yitwa COODURAM kandi bwari bufite ubwishingizi bwo gutwara abantu 15 gusa.



One Response
Uburasirazuba:Batandatu baguye mu mpanuka y’ubwato abandi barabura
Ngo ngwiki? Ngo mu ntara y’uburengerazuba??????? Rkumbeli , Rwamagana ni muri Ouest?