Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kane, imirwano irakomeje hagati ya FARDC na M23 aho impande zombi zirimo gushinjanya kugabanaho ibitero bikaba bitoroshye kugenzura uri mu kuri n’uwigiza nkana.
Abanyamakuru begereye Leta ya Kinshasa baravuga ko imirwano yakomeje kuri uyu wa Kane, itariki 1 Gashyantare, hagati ya M23 na FARDC ifatanyije na Wazalendo muri Teritwari ya Masisi. Baravuga ko amakuru aturuka aho imirwano iri yemeza ko inyeshyamba za M23 zitambitswe bikomeye ubwo zageragezaga kwerekeza muri Sake, zigahitamo kwagura ibirindiro byazo inyuma ya Mushaki zishaka kwerekeza muri Rubaya.
Ngo umwe mu baturage bo muri Mushaki yavuze ko « M23 yateye kare muri iki gitondo ibirindiro by’ingabo za Congo i Rushoga ku muhanda Mushaki-Rubaya. Inyeshyamba ziragerageza kujya imbere ku ruhande rwa Rubaya nyuma yo kwitambikwa bikomeye ahakikije udusozi twa Muremure no mu kwerekeza i Sake.  »
Uyu yakomeje agira ati « Ubu Moto ziratambuka ariko n’ubwoba bwinshi kuko amabombe ku mpande zombi ni menshi.  »
Ku ruhande rwayo, Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, aravuga ingabo za leta n’abafatanyabikorwa bazo kuva mu gitondo cya kare bari gutera amabombe bakoresheje intwaro ziremereye na za drones mu bice bituwe cyane muri Karuba no mu nkengero zaho ndetse no ku birindiro byabo.


