Guinea: Perezida Doumbouya yasheshe Guverinoma

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Guinea, Mamady Doumbouya yasheshe guverinoma avuga ko aza gushyiraho indi nshyashya nkuko byatangajwe n’umunyamabanga mukuru muri perezidansi y’icyo gihugu.

Iki gihugu kimaze igihe gitegetswe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwari busanzweho kuva mu kwezi kwa cyenda 2021.

Umuryango w’ubukungu wo mu karere k’Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO), umaze igihe wotsa igitutu ubu butegetsi bwa gisirikare usaba ko butegura amatora bidatinze bugasubizaho ubutegetsi bwa gisivili.

Kuwa 22 z’ukwezi kwa cumi 2022, impande zombi zemeranyije ku mezi 24 y’inzibacyuho nkuko tubikesha VOA.

Umunyamabanga Mukuru muri Perezidansi, Amara Camara, mu buryo butunguranye, yatangaje kuri uyu wa Mbere ushize ko guverinoma isheshwe. Nta mpamvu yatanze y’iryo seswa.

Yagarageye muri videwo yahitishijwe ku mbuga nkoranyambaga za perezidansi avuga ko abayobozi b’imirimo, abanyamabanga ba leta n’ababungirije ari bo bazakomeza imirimo yakorwaga n’abaministri kugeza igihe hazagiraho guverinoma nshya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *