Itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye ryanzuye ko hari “impamvu zifatika zituma twemera” ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo gufata ku ngufu no gufata ku ngufu mu kivunge, byakozwe mu bitero bya Hamas muri Israel, ku itariki ya 7 Ukwakira.
Bavuze kandi ko hari “amakuru yemeza” ko imbohe zakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Urugendo rwari ruyobowe na Pramila Patten, uhagarariye Umuryango w’Abibumbye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu makimbirane nk’uko tubikesha BBC.
Hamas yahakanye ko abarwanyi ba yo bahohoteye abagore muri ibyo bitero.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yagize iti: “Itsinda ry’ubutumwa ryasanze hari impamvu zifatika zemeza ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishingiye ku makimbirane ryabereye ahantu henshi mu bitero byo ku itariki ya 7 Ukwakira”.
Yongeyeho ko byibuze byabereye ahantu hatatu; ahabera iserukiramuco rya muzika rya Nova no hafi yaho, ku muhanda 232, na Kibbutz Re’im.
Ku itariki ya 7 Ukwakira 2023, abantu bitwaje imbunda ba Hamas binjiye mu majyepfo ya Israel, bica abantu bagera ku 1200 abandi 253 babatwara bugwate.
Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko Israel yashubije itangiza ibikorwa bya gisirikare muri Gaza, bimaze guhitana abantu 30.500.


