817f345e963c1b3ce7606f3bec8599.jpg

Umunya-Nigeria wahoze muri Rayon Sports yasabye umunyarwandakazi kumubera umugore

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Nigeria wanyuze mu ikipe ya Rayon Sports, Osaluwe Rafael yambitse impeta ya finà§ailles umukunyarwandakazi, Hoza Lily Chris bamaze igihe bakundana.

Ku Cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2024 nibwo uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yaraye yambitse impeta umukunzi we mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kigali kuri Great Hotel.

Ku muteguro udasanzwe kuri iyo hoteli, uyu musore ukomoka muri Nigeria yashinze ivi hasi maze asaba Hoza Lily Chris kumubera umugore, maze na we ntiyamwangira amuha ikiganza amwambika impeta ya finà§ailles.

Mu mashusho Osaluwe yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24 ‘story’ Osaluwe yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yambikaga umukunzi we impeta y’urukundo.

Amakuru avuga ko aba bombi bamaze igihe bakundana kuva Osaluwe yava muri Bugesera FC mu mpeshyi ya 2022 agiye gukinira Rayon Sports.

Osaluwe yamaze umwaka umwe muri 2 yari yarasinye muri Rayon Sports ihita imutiza muri AS Kigali kubera ko atabonaga umwanya wo gukina kubera imvune, akaba ari naho akiri.817f345e963c1b3ce7606f3bec8599.jpg5dff6692caf04a7c365e5b523e9aff.jpg432237110_7317202965063308_2298555656967970568_n.jpg432252469_7317202961729975_5520886886841731589_n.jpg432276803_7317202958396642_8061860779965836575_n.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *