Col Richard Karasira ntiyumva ukuntu Rayon Sports y’ibikombe 6 yaba umukeba wa APR FC ifite 20

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC, Colonel Richard Karasira yemeza ko Rayon Sports atari umukeba wabo kuko ntabwo yaba umukeba w’ikipe ikubye kabiri mu bikombe.

Ibi yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 24 Werurwe 2024 nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona y’ikiciro cya 2 mu bagore wahuje APR WFC na Forever WFC, byarangiye ikipe y’Ingabo z’igihugu mu bagore ariyo yegukanye igikombe itsinze ibitego 3-0.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Chairman wa APR FC yabajijwe niba mu ikipe y’Abagore bazongeramno abandi bakinnyi bitewe nuko bazamutse mu kiciro cya mbere aho bazahatana n’amakipe akomeye arimo na mukeba Rayon Sports .

Mu gusubiza, Chairman wa APR FC yemeza ko Rayon Sports atari umukeba wabo nk’uko abantu bagenda babivuga hanze aha.

Yagize ati: “Kare nigeze gutekereza ubukeba njya numva muvuga nkibaza aho buturuka mbere na mbere, ese ubukeba sinzi n’icyo binavuga. Bamwe batwara ibikombe 20 abandi bagatwara ibikombe 6, mukunda kugereranya ibintu bitagereranywa.”

Akomeza agira ati: “Nti mugakunde kugereranya ibintu bitagereranyika ariko niba ari’adversary’ byo byaba aribyo ariko ni ikipe twubaha ubundi ifite abafana, ifite abantu bayikunda.”

APR WFC yegukanye igikombe muri shampiyona y’ikiciro cya kabiri nyuma y’uko na Rayon Sports WFC nayo yegukanye icyo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere itsinze Muhazi WFC igitego 1-0.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Col Richard Karasira ntiyumva ukuntu Rayon Sports y’ibikombe 6 yaba umukeba wa APR FC ifite 20
    Nonese ibundi we mubyiyumvirobye Niba azi umupirakoko .mumyaka amaze mumupira murwanda.niyihe kipe bahanganira igikombe? Nonese APR kwitungwa namafaranga ava Mugisirokare. Rayon igatungwa nabaturage bahurirahe? Rero murabantu namwe ntimukagereranye ibitagereranywa.cyaneko ibikombe byo murwanda namwe murabiziko mwikinisha
    Kuko ntakipe ibarusha ubushobozi nkubu leta ifashe Rayon ikabaha kumafaranga nayo warebako mutarya 12 nahose musohokera igihugu meagera mibarabu bakabaha 4 nta APR ntayo nibaringa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *