1-24.webp

Perezida Kagame yarebye umukino wa Arsenal na Manchester City

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ku mukino waraye uhuje Arsenal na Manchester City muri Premier League, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe 2024 nibwo Manchester City yari yakiriye Arsenal kuri Etihad Stadium mu mukino wari utegerejwe n’abenshi ku isi yose.

Kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024, ubwo Perezida Kagame yari ari mu kiganiro na RadioTV10 na Royal FM, Umunyamakuru yatangiye amabuza niba yarakurikiye uyu mukino w’ejo, amusubiza ko yawurebye.

Yagize ati: “Yego nayikurikiye, iyo mfite umwanya ndabikurikira, ejo rero narimfite umwanya narabikurikiye”.

Umunyamakuru yamubwiye ko habuze gato ngo batsinde, maze amusubiza ko yifuzaga ko batsinda gusa ntibyaje gukunda.

Perezida Kagame yagize ati: ”Nibyo nifuzaga, umupira ni kuriya ugenda ntabwo iteka biba amahire uko umuntu abishaka reka turebe uko imikino iri imbere izagenda”.

Perezida Paul Kagame afana Arsenal mu Bwongereza aho atajya anahwema kugaragaza amarangamutima ye ku mikino imwe n’imwe iyi kipe iba yakinnye.

Arsenal iri ku mwanya wa Kabiri n’amanota 65 ku rutonde rwa shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Bwongereza nyuma yo kunganya na Manchester City.

Muri 2024 Arsenal yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe bwaherekejwe n’impano y’umupira yazanwe na Tony Adam, aho bari bari kumushimira nk’umufana wabo.1-24.webp

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *