Mpayimana Philippe naramuka abaye Perezida azahita ahindura izina ‘Amavubi ‘

Sangiza iyi nkuru

Mpayimana Philippe uri kwiyamamaza kuba perezida w’u Rwanda, yatangaje ko mu gihe yaba atowe yahindurira izina ry’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, rikava ku ‘Amavubi’, hagashakwa irindi zina rifite uburemere.

Mpayimana Philippe yatangaje ibi ku Cyumweru tariki 23 Kamena 2024, ubwo yari yakomeje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Ntara y’Uburasirazuba mu karere ka Kayonza.

Philipe yavuze ko muri siporo y’u Rwanda hakiri icyuho kuko usanga Akagari gakoresha irushwana hakabura n’ibihumbi bitanu by’ishimwe, cyangwa ugasanga n’abayobozi badakurikirana amarushanwa.

Yagize ati” Icyuho kirahari kuko ntabwo ari ubwambere tureba mu Mirenge yacu bagakoresha irushanwa ry’utugari, Akagari gatsinze kakabura byishimwe. Bigaragara nabi ni ibintu bidashoboka, wazagira Mbappé cyangwa Ronaldo ryari, niba utaragize umwana ukinira mu Kagari? Ubwo rero niyo mpamvu tugomba gusaba ko imikino ihabwa ingengo y’imari ku rwego rw’Umurenge.

Yakomeje agora ati: “Nta yihari impamvu nabivuze ni uko nzi ko ntayigeze iteganwa. Usanga begeranya ubusabusa ukabona rimwe na rimwe n’abayobozi b’Umurenge ntibanakurikirana n’amarushanwa yo hasi, ugasanga rero icyo ni ikintu cy’ingenzi tugomba gushyiraho

Philipe yemeza ko mu gihe yatorwa yasaba ko izina ‘Amavubi’ ryahawe ikipe y’igihugu rihindurwa bitewe n’uko nta buremere rifite.

Ati” Ningera ku kibazo cya siporo njye nanasaba rwose ko n’izina ry’ Amavubi turihindura, kuko Amavubi banza atanaruma neza. Tugashaka izina rizatuma n’igihugu cy’u Rwanda kigira ikipe ifite uburemera nk’Intare, nk’inzovu, n’Ingwe, ibintu nk’ibyo. Ntitugatinye impinduka zagirira akamaro Abanyarwanda”.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Mpayimana Philippe naramuka abaye Perezida azahita ahindura izina “Amavubi
    Mbega imigabo n’imigambi!ndumiwe koko!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *