Col. Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi w’umutwe wa M23, yasobanuye ko kuba amaze igihe kirekire yararashwe ari yo ntandaro yatumye ageze iki gihe atarasanga bagenzi be ku rugamba.
Kazarama uri mu bashinze uyu mutwe, ni umwe mu basirikare barenga 1000 bahoze muri uyu mutwe batongeye kwihuza na wo ubwo wuburaga imirwano n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ugushyingo 2021.
Muri 2013 ubwo inyeshyamba za M23 zarimo ziva mu birindiro byazo mbere yo guhungira muri Uganda, ni bwo Kazarama yarashwe n’indege imukomeretsa akaguru.
Uyu musirikare mu kiganiro yahaye BWIZA TV, yasobanuye ko kuba yarabaye ‘Kajoriti’ ari byo byatumye ageza iki gihe atarasubira ku rugamba.
Icyakora yavuze ko yiteguye gusubira ku rugamba mu rwego rwo guha bagenzi be umusada.
Ati: “Twebwe nk’abasirikare ntabwo twabwirizwa kugenda, njyewe ndi umusirikare sinabwirizwa kugenda. Njyewe uyu munsi no kuba ntaranagiye ni uko narashwe, ni ukubera ko ndi Kajoriti. Nararashwe njya kwa muganga, ariko ndi tayari kugenda”.
Kazarama mu kiganiro cya mbere yagiranye na BWIZA yavuze ko we na bagenzi be bategereje ko Gen Sultani Makenga uyobora M23 abahamagara mbere yo gusubira ku rugamba.
Mu kiganiro gishya yavuze ko “Makenga yampamagara, atampamagara niteguye kugenda; ariko ampamagaye byaba byiza kurushaho kugira ngo amenye ngo umusirikare wanjye ameze ate, kuko ndi umusirikare we. Agomba kumenya ubuzima bwanjye n’ubw’abana bwanjye, kuko buramushinzwe”.
Colonel Kazarama kandi yahamagariye abasirikare bagenzi be kwirengagiza kuba mu myaka irenga 10 barasubiranyemo bakarasana, bagasanga bagenzi babo ku rugamba.
Yunzemo ko muri M23 hakenewe ubumwe n’ubwiyunge, kuko no mu muryango umugore n’umugabo batongana ariko bikarangira habayeho ubwiyunge.


