Umukinnyi w’ikipe y’igihugu na APR VC, Gisubizo Merci wari wahagaritswe mu bikorwa bya volleyball byose umwaka wose nyuma y’imyitwarire mibi yagize mu irushanwa rya Zove V riherutse ku bera mu Rwanda, yagabanyirijwe ibihano.
Ku wa 24 Ugushyingo 2024 nibwo uyu mukinnyi yandikiwe ibaruwa na federasiyo y’umukino wa volleyball mu Rwanda amenyeshwa ko yamaze gufatirwa ibihano byo kumuhagarika umwaka wose atagaragara mu bikorwa bya volleyball ndetse no kumufungira uburenganzira bwo kuba yakwerekeza mu yindi kipe iyo ari yo yose hanze y’u Rwanda.
Gisubizo Merci ufite imyaka 19 n’uburebure busaga metero 2 yaje kugabanyirizwa ibihano aho yakuriweho amezi agera kuri atanu y’ibihano yari yarafatiwe na federasiyo y’umukino wa volleyball mu Rwanda.
Biteganyijwe ko uyu mukinnyi arasubira mu kibuga tariki 30 Kamena 2024 nyuma yo kugabanyirizwa ibihano.
Gisubizo yakiniye amakipe atandukanye y’abato ndetse yanayoboye bagenzi be batarengeje imyaka 21 mu ikipe y’igihugu mu mikino yabereye mu gihugu cya Tuniziya muri 2022.
Gisubizo Merci ni umukinnyi wa APR VC kuva mu mwaka wa 2021 ubwo yasinyiraga iyi kipe amasezerano y’imyaka 2 avuye mu ikipe ya Don Bosco Gatenga aho yari amaze kuyihesha igikombe cya shampiyona yo mu cyiciro cya 2.


