Imiryango itegamiye kuri Leta yahize gucyemura burundu ikibazo cy’intambara muri Sudan

Sangiza iyi nkuru

Imiryango ya politiki n’imiryango itegamiye kuri leta ya Sudani yateraniye ku wa gatandatu mu Misiri kugira ngo baganire ku buryo bwo guhagarika intambara yibasiye Sudani.

Iyi ntambara yatangiye muri Mata 2023, ihangayikishije abanye Sudan aho abantu benshi bakomeje kwicwa abandi bagahunga.

Umuryango w’abibumbye uvuga ko amakimbirane akomeye yahitanye abantu barenga 14.000 abandi 33,000 barakomereka.

Ni mu gihe abantu barenga miliyoni 11 bahatiwe guhunga ingo zabo.

Impuguke mpuzamahanga zaburiye mu kwezi gushize ko abantu 755.000 bahura n’inzara buri kwezi kandi ko miliyoni 8.5 z’abaturage bafite ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa bikabije.

Inama yabaye mu mpera z’icyumweru dusoje, yitezweho ko ishobora gushyira iherezo kuri iyi ntambara.Ni inama yakiriwe na guverinoma ya Misiri mu murwa mukuru i Cairo.

Gusa Mbere hari habanje ibiganiro byatumijwe na Amerika na Arabiya Sawudite hagati y’ingabo za Leta na RSF ariko ntibyagira icyo bitanga.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Misiri, Badr Abdelatty, mu ijambo rye ritangiza iyi nama yagize ati: “Igisubizo nyacyo cya politiki ku kibazo cya Sudani kigomba gushingira ku cyerekezo cya Sudani gusa gituruka ku Banyasudani ubwabo.”

Amatsinda menshi yo muri Sudani yitabiriye iyo nama harimo ihuriro ry’imitwe ya politiki ishyigikiye demokarasi n’imitwe iyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe Abdalla Hamdok.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *