Umuryango w’Abibumbye ishami ryawo rishinzwe abinjira n’abasohoka(IOM), wavuze ko abimukira barenga icumi bapfuye abandi bagera ku 150 baburirwa irengero mu nyanja ya Atlantique.
Ni nyuma y’uko ubwato bwabo bwarohamiye hafi n’inkombe z’igihugu cya Mauritania berekeza i Burayi, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye.
Mu ntangiro z’iki Cyumweru, abimukira 300 bari muri ubwo bwato bararohamye abagera ku 120 bararokorwa n’ingabo zirinda inkombe za Mauritania, naho abarenga 10 bahatakariza ubuzima.
IOM, ivuga ko hagikorwa ibikorwa byo gushakisha abandi barohamye bataraboneka kugirango harebwe ko hari abatabarwa n’ubwo ngo icyizere cy’uko baba ari bazima gikomeza kuyoyoka.
Abimukira b’Abanyafurika bagerageza kugera i Burayi, akenshi bahunga ubukene n’umutekano muke.
IOM yavuze ko abimukira bagera ku bihumbi 20 bageze mu birwa bya Canary mu buryo bunyuranye n’amategeko bakoresheje inzira ya Mauritania muri uyu mwaka.
Iyi mibare ikaba ikubye hafi inshuro eshatu imibare yakusanyijwe y’abinjiye i Burayi muri 2023, naho abagera ku 1.950 bapfiriye muri iyo nzira umwaka ushize.
IOM yavuze ko ari umwaka wa kabiri waguyemo abimukira benshi.


