Ku wa Gatandatu, abapolisi bo muri Somaliya bavuze ko abantu 32 baraye bishwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki 02 Kanama 2024 abandi 63 barakomereka mu gitero cyagabwe kuri Hotel yo ku mucanga mu murwa mukuru, Mogadishu.
Ishami rya Al-Qaida rikorera muri Afurika y’Iburasirazuba, al-Shabab, ryatangaje kuri radiyo ko abarwanyi baryo bagabye icyo gitero.
Umuvugizi wa polisi, Maj. Abdifatah Adan Hassan yabwiye abanyamakuru, ko umusirikare umwe yaguye muri icyo gitero.
Hassan yavuze ko undi musirikare na we yakomekeye muri icyo gitero. Abatangabuhamya bavuze ko iturika ryakurikiwe n’amasasu yamishwe hafi na Hotel.
Lido Beach, ni agace kazwi cyane muri Mogadishu, karimo urusaku mu ijoro ryo ku wa Gatanu ubwo Abanyasomaliya bishimiga weekend.
Umutangabuhamya witwa Mohamud Moalim, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, ko yabonye umuntu wagabye igitero yambaye ikositimu itukura ariko ku buryo nta wari kumucyeka.
Moalim yavuze ko bamwe mu nshuti ze bari kumwe na we muri hoteri bishwe abandi barakomereka.
Agace ka Lido Beach mu bihe byashize kibasiwe n’abarwanyi bitwaje intwaro bifatanije na al-Shabab.Igitero giheruka umwaka ushize cyahitanye abantu icyenda.
Al-Shabab iracyagenzura ibice byo mu majyepfo no hagati ya Somaliya kandi ikomeje kugaba ibitero i Mogadishu no mu tundi turere. Ni mu gihe inakomeje kwambura abaturage amamiliyoni y’amadolari mu rwego rwo gushaka gushyiraho igihugu cya kisilamu.


