Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yemeje ko muri iki gihugu hagaragaye abarwayi babiri banduye ubushita bw’inkende.
Abanduye bose ni abo mu karere ka Kasese, kegeranye n’umupaka Uganda ihana na Republika ya Demokarasi ya Kongo. Abafashwe n’iki cyorezo umwe ni uwo mu gace ka Mpondwe, undi nawe ni uwahitwa Bwera muri ako karere kavuzwe haruguru.
Minisiteri y’ubuzima, ivuga ko uretse abanduye ubwo burwayi, hari abandi icyenda bajyanwe mu kato baturutse muri Kongo ngo harebwe niba bataranduye.
Kugeza ubu , ibihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba byemeje ko iki cyorezo cyagezeyo, harimo u Rwanda, DR Congo, Burundi na Uganda.
Kuva muri Nyakanga , abanduye iki cyorezo muri Congo bageze ku bihumbi 11 naho abagera kuri 450 kirabahitana.
Umuryango w’ubumwe bwa Afurika ejo ku wa Gatanu watangaje ko wemeje miriyoni cumi n’ibihumbi 400 mu madorari ya Amerika byo guhangana n’iki cyorezo. Ni amafaranga yavuye mu kigega cyari kigenewe kurwanya COVID-19.


