Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Nyakanga, wigaruriye umujyi muto wa Nyamilima wo muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru.
Amakuru avuga ko uyu mutwe wigaruriye uyu mujyi utarwanye, bijyanye n’uko inyeshyamba za Mai-Mai zahagenzuraga zahavuye mbere y’uko uhagera.
Amashusho yashyizwe hanze yerekana ingabo za M23 zigera Nyamilima zinafite ibifaru zambuye ingabo za Afurika y’Epfo mu mezi yashize.
Andi makuru kandi avuga ko nyuma ya Nyamilima M23 iri no gukoza imitwe y’intoki ku gace ka Ishasha gaherereye ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.
Nyamilima yiyongereye ku tundi duce two muri Groupement ya Binza M23 igenzura kuva ku wa Gatanu, turimo Nyabanira, Ngwenda, Kiseguro, Kasave, Nyakahanga na Katwiguro.
Ni uduce uyu mutwe ukomeje kwigarurira mu gihe habura amasaha make ngo hubahirizwe amasezerano yo guhagarika imirwano hagati y’uyu mutwe n’Ingabo za Leta ya Congo.
Ni amasezerano yemerejwe i Luanda ku wa 30 Nyakanga, gusa M23 yavuze ko itazubahiriza ibiyakubiyemo bijyanye n’uko itigeze yitabira iriya nama.


