Impunzi ibihumbi zaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), zinjiye muri Uganda nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DRC.
Maj. Kiconco Tabaro, ushinzwe amakuru rusange muri Diviziyo (Division) ya kabiri mu ngabo za Uganda (UPDF), yatangaje ko impunzi zirenga 2000 z’Abanyekongo, zageze muri iki gihugu mu masaha 72 ashize ziva mu turere twa Katwiguru, Kiwanja, Binza, Kiseguro, Kiringa, Masisi, Bwenza, Walungu, na Rutchuru .
Tabaro yashimangiye ko abaturage bo mu turere twegereye umupaka wa Uganda, cyane cyane abasaza, abarwayi, abagore batwite, ndetse n’abana aribo biganje mu bahunze.
Izi mpunzi zinjiriye i Bunagana na Nteko muri Kisoro, Kyeshero na Ishasha muri Kanungu, n’izindi nzira nto. Ni nyuma y’uko kugeza ubu imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, aho aba barwanyi b’i Sarambwe bakomeje kwigarurira ibice byinshi.
Hagati aho, Tabaro yavuze ko abapolisi 98 b’abanye Kongo bakiriwe ku mupaka wa Ishasha ku mugoroba wo ku wa Gatandatu kandi ko barimo gufashwa hakurikijwe amabwiriza mpuzamahanga.
Yasabye abayobozi b’abaturage ndetse n’abasivili ku mipaka gukomeza kuba maso, kubera ko ngo inyeshyamba za ADF zamaze kunoza umugambi wo gushaka kubura ibirindiro muri Uganda nyuma y’uko inkambi zabo zimaze gusenywa mu Burasirazuba bwa DRC.
Ati: “Kuba maso bizadufasha gukumira umutekano muke wambukiranya imipaka. Turi maso kandi twakajije umurego mu turere twa Kisoro-Kanungu duhana imbibi na DRC.”


