Guverineri w’agateganyo wa Darfur y’Amajyaruguru yashinje ingabo za (RSF) ko kuri uyu wa Gatandatu, zishe abasivili 28 abandi hafi 45 barakomereka mu gitero cyagabwe mu mujyi wa El Fasher.
Ni nyuma yâimirwano yabereye El Fasher ikaze hagati yâingabo za Sudani,nâumutwe witwaje intwaro wa RSF inakomeza ku munsi ukurikiyeho, aho abakomando biraye muri uyu mujyi bakica abaturage benshi.
Abaharanira inyungu zâuburenganzira bwa muntu, bashinje RSF kuba yarishe abasivili ibasanze mu ngo zabo bagendeye ku moko,gusa Guverineri Al-Hafiz Bakhit, yavuze ko ingabo zahagaritse icyo gitero zibigizayo.
Bakhit yagize ati: “Ingabo zacu zishobora kurinda igihugu. Igihe kizagera El Fasher yigobotora inyeshyamba izi nyeshyamba.â
Minisiteri yâubuzima mu majyaruguru ya Darfur, yavuze RSF yarashe ibitaro, ihitana umuntu umwe abandi benshi barakomereka.
Uko iminsi yicuma niko imirwano hagati yâIngabo za Leta ya Sudan nâumutwe wa âRSFâ irushaho guhitana no gukura mu byabo ibihumbi byâabaturage, muri Al Fasher, muri Darfur yâAmajyaruguru, impande zombi ziri gukoresha indege zâintambara nâintwaro ziremereye.


