Ibihugu bya Somalia na Ethiopia, birimo kugerageza kwicara ku meza y’ibiganiro ngo bicoce amakimbirane bifitanye bibifashijwemo na Turukiya.
Umwuka mubi w’ibi bihugu watangiye igihe Etiyopiya n’intara ya Somaliland byagiranaga amasezerano yo gukorana hagati yabyo mu kwezi kwa mbere kw’uyu mwaka.
Ayo masezerano avuga ko Ethiopia yakodesheje ubutaka bwa Somaliland kugirango ishobore gushyirayo ikambi y’igisirikare cyayo kirwanira mu mazi.
Muri ayo masezerano, Etiyopiya yemereye intara ya Somaliland kuba ubutaka bwigenga. Igihugu cya Somaliya cyavuze ko kiteguriye kujya mu ntambara na Etiyopiya kubera iyo ntara ya Somaliland iri ku butaka bwayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Turukiya , Hakan Fidan, yahamagaje impande zombi, mu murwa mukuru wa Ankara. Izo nama zitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Etiyopiya na mugenzi we Taye Atske Selassie, w’intara ya Somaliland Ahmed Moallim Fiqi.
Ibi rero ngo bitanga icyizere ko ibiganiro bishobora kuzatanga umusaruro.


