Kazarwa Gertulde, ni we watorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko n’amajwi 73, aho yatsinze Nizeyimana Pie bari bahatanye watanzwe n’Ishyaka UDPR. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 14 Kanama 2024.
Yari yatanzwe n’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (Parti Liberal – PL). Akaba ari manda ye ya kabiri mu Nteko nk’Umudepite.
Iki gikorwa cy’amatora cyabaye nyuma y’umuhango wo kurahira kw’abagize umutwe w’abadepite bagize Inteko ishingamategeko y’u Rwanda .
Kuri iyi nshuro amatora ya Biro y’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Abadepite batoye bakoresheje mudasobwa zabo.
Ku mwanya wa Visi Perezida Ushinzwe Ubuyobozi n’Imari, hatowe Depite Sheik Musa Fazil Harerimana wo mu Ishyaka rya PDI, n’amajwi 77, mu gihe amajwi atatu yabaye impfabusa.
Naho Depite Beline Uwineza yatorewe umwanya wa Visi Perezida Ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma. Yatowe ku bwiganze bw’amajwi 79.
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’aba badepite ndetse anakurikirana amatora y’Inteko ishingamategeko, anashima uko yagenze, anaboneraho kubasaba ko bagomba gukorana no kuzuzanya, mu rwego rwo kubaka igihugu.
Umukuru w’Igihugu kandi yanakiriye indahiro ya Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wongeye kugirirwa ikizero cyo gusubira kuri uyu mwanya.Bikaba byitezwe ko mu minsi ya vuba hari bushyirweho abo bazafatanya muri iyi manda y’imyaka itanu.


