Gen Mubarakh Muganga yihanganishije abakunzi ba APR FC

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yihanganishije abakunzi ba APR FC yahoze abereye Chairman nyuma yo gutsindwa na Azam FC.

APR FC yatsinzwe n’iyi kipe yo muri Tanzania igitego 1-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League wabaye mu ijoro ryacyeye.

Ni igitego cya Jhonier Blanco cyo ku munota wa 57 kuri penaliti, nyuma y’ikosa Niyomugabo Claude yari akoreye Feisal Salum.

Gen Mubarakh Muganga nyuma y’umukino yihanganishije abakunzi ba APR FC, abizeza ko ikipe ikigera mu Rwanda bazakosora amakosa yakozwe maze umukino wo kwishyura bakazawutsinda.

Ati “Munyemerere ntangire mbihanganisha ku ntsinzwi y’uyu mugoroba. Icyo mbijeje ni uko ikipe ikigera inaha izakosora ahari ngombwa maze izashimishe abakunzi ba yo. Intsinzi iwacu ni ngombwa 110% kandi izaba idashidikanywaho.”

Umukino wo kwishyura APR FC isabwa gutsinda kugira ngo igere mu cyiciro gikurikiyeho, uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 24 Kanama 2024 kuri Stade Amahoro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *