Perezida Kagame na Madamu we, Jeannette Kagame, bifatanije n’abayobozi babarirwa mu magana baturutse mu gihugu hose mu masengesho yo gushimira Imana yateguwe na Rwanda Leaders Fellowship.


Kuri iki Cyumweru, itariki 15 Nzeri, i Kigali habereye amasengesho yo gusabira igihugu no gushima Imana abera muri Kigali Convention Centre.


Ni amasengesho yitabiriwe n’abasaga 600 barimo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na madamu we, Jeannette Kagame, n’abandi bayobozi mu nzego za leta, mu nzego z’abikorera, abayobozi b’amadini n’amatorero n’abandi.


Kimwe mu bintu bishimirwa Imana muri aya masengesho harimo kuba yaratumye amatora aheruka mu Rwanda agenda neza.
Mu ijambo rye muri iki gikorwa Perezida Kagame yavuze ku bintu bitandukanye ariko mu magambo macye bikubiye muri ubu butumwa: “Gushimira ntibishobora kuba gushimira gusa. Ntushobora kubigira umuco, umuhango, kugirango ushimire. Ugomba kugira icyo ugomba gushimira, kandi ni byiza niba ari ikintu wagizemo uruhare. Niba ushimira ku bintu wakoze, washyizemo imbaraga, kandi ukaba warabonye ibisubizo ushobora gushimira, aho nibyo. Ndashaka ko usobanukirwa ko gushimira atari ugushimira gusa, ahubwo bijyana no kunyurwa, kuzuzwa. ”





