Ethiopia ihangayikishijwe n’intwaro Misiri ikomeje kohereza muri Somalia

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia yagaragaje impungenge ku masasu ahabwa Somaliya ivuga ko ashobora kuzarangirira mu maboko y’abaterabwoba.

Ibi byatangajwe nyuma y’umunsi umwe ubwato bw’intambara bwo mu Misiri bupakuruye intwaro zikomeye i Mogadishu. Ethiopia iravuga ibi nyuma y’uko Somalia na yo iyishinje kohereza intwaro mu kandi gace ka Somalia kigenga bicagase ka Puntland.

Ethiopiya ifite ingabo ibihumbi n’ibihumbi ziherereye mu gihugu cy’abaturanyi cya Somalia zoherejwe kurwanya intagondwa zifitanye isano na al Qaeda, yatangiye kurebana ay’ingwe na Guverinoma ya Mogadishu kubera gahunda zayo zo gushaka kubaka icyambu mu karere ka Somaliland kiyomoye kuri Somalia.

Muri uyu mwaka, ibihugu bya Misiri na Somalia byarushijeho kwegerana kubera ko bisangiye kutizera Ethiopia, bituma Cairo yohereza Mogadishu ibirwanisho inshuro ebyiri mu gihe cy’ukwezi kumwe, nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano muri Kanama nk’uko inkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Ibiro Ntaramakuru bya Ethiopia byatangaje ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia, Taye Astke Selassie, yatangaje ko afite impungenge ko itangwa ry’intwaro kw’ingabo z’amahanga bizarushaho gukomeza ikibazo cy’umutekano muke kandi zikazarangirira mu maboko y’abaterabwoba muri Somalia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *