Umutoza w’ikipe ya Police fc, Seninga Innocent, aravuga ko atazi ikibazo afitanye n’itangazamakuru ry’imikino, ngo kuko rihora rimuvugaho inkuru mbi zo kumusebya no kumuharabika.
Uyu mutoza atangaje ibi, nyuma yo kwitwara nabi mu mukino wahuje ikipe ya Police fc n’ikipe ya Rayon Sports, mu irushanwa rya ‘Agaciro Development Fund 2017, umukino ukarangira Rayon itsinze Police igitego 1 ku busa.
Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino, uyu mutoza yabajijwe icyo avuga ku nkuru zimaze iminsi zimuvugwaho, aho yashinjijwe kwaka amafaranga abakinnyi be ngo babone imyanya ihoraho mu kibuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mutoza yanze kuripfana, avuga ko ayo makuru nkayo bakunze kuyamuvugaho ari uko shampiyona igiye gutangira, kuri we ngo abona hari ikindi kibyihishe inyuma, kuko atumva impamvu itangazamakuru ry’imikino rikunze kumwandikaho amakuru yita ibinyoma, yo kumusebya no kumuharabika.
Uyu mutoza amaze imyaka 2 mu ikipe ya Police Fc , yanaciye mu makipe nka Etincelles, Isonga Fc, ndetse Kiyovu Sport .
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana — bwiza.com


