Bwa mbere mu Rwanda hashinzwe ishuri ryigisha gufata amashusho hakoreshejwe indege zitagira umupilote (drones), bikazafasha abari basanzwe muri uyu mwuga n’abandi kuba inararibonye mu gukoresha ibikoresho bifata ayo mashusho.
Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye na Bizimana Belgine, umuyobozi mukuru wâiri shuri â Belgine Training Center (BTC)’, avuga ko atari ibijyanye nâamashusho gusa bazajya biga, ahubwo ko bizanafasha abanyamakuru bâumwuga.
Agira ati âamasomo tuzajya twigisha ni menshi atandukanye, ni amahirwe ku rubyiruko ruzajya ruhabwa ubumyi, ruzajya ruhungukira byinshi kandi mu gihe gitoâ.
Akomeza avuga amasomo azajya atangirwa muri iri shuri; gufata amashusho ukoresheje camera na Drones, gutunganya amajwi nâamashusho, gushushanya amashusho âgraphics designâ, kumenyereza mu mwuga wâitangazamakuru,TV Presenter,âŠ
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu rwego rwogufasha urubyiruko kwiga imyuga no kwiteza imbere, abantu 10 baziyandikisha bwa mbere ngo bazishyurirwa 20% nâiki kigo BTC.
Ikigo âBelgine Training Center (BTC)â kizajya kigishamo abarimu batandukanye, Abanyarwanda nâabandi bâinzobere baturutse mu gihugu cyâu Buholandi.

Abifuza kwiga aya masomo baratangira kwiyandikisha ku itariki ya 15 Nzeri 2017 imbere ya sitade regional i Nyamirambo mu kigo cyâabasaveri.
Aya masomo azajya amara amezi 3, ukundi kwezi kukaba uko kwimenyereza uyu mwuga kuri TV, abazakurikira aya masomo kandi bazahabwa impamyabumenyi.
Hanashyizweho kandi umurongo wa Telefoni uzajya ubafasha mu gihe hari ufite ibyo ashaka gusobanuza kuri gahunda ijyanye nâaya masomo , ariwo +250783721 444, nimero inakoreshwa kuri watsapp. Ayamasomo azatangira ku wa 1 Ukwakira 2017.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com
Â


