Kizza Besigiye, yatawe muri yombi n’igipolisi cya Uganda kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Gashyantare 2016. Yatawe muri yombi mu gihe yageragezaga kuva mu rugo iwe aho yari afungishije ijisho kuva kuwa gatanu tariki ya 19 Gashyantare.
Kizza Besigye afatwa nk’umuyobozi ukomeye w’abatavuga rumwe na leta akaba ari umukuru w’ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC).
We n’abandi bakandida barindwi barimo Amama Mbabazi wigeze kuba ministri w’intebe, bari bahanganye na Perezida Yoweri Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu cyumweru gishize.

Nk’uko bitangazwa na BBC, ngo ababibonye biba baravuga ko yafashwe mu gihe yagerageza gusohoka iwe mu rugo.
Yari afungishijwe ijisho iwe mu rugo kuva kuwa gatanu w’icyumweru gishize, ashinjwa kuba yari afite umugambi wo kwitangariza ubwe ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu.
Akanama gashinzwe amatora katangaje mu mpera z’icyumweru gishize ko Yoweri Museveni ariwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu.
Ibi Kiza we ntabikozwa avuga ko ariwe watsinze Museveni agatsindwa akiba amajwi, ikindi kandi ngo yaba yarafunzwe kugirango atajya mu muhanda hamwe n’abamushyigikiye bakaba bateza imyigaragambyo ishobora no kuvamo amaraso nyuma y’aho Museveni atsindiye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


