Ni nyuma yaho kuri iki cyumweru taliki ya 21 Gashyantare 2016 habaye umukino wari witezwe na benshi wahuzaga ikipe ya Chelsea na Manchester City bikaza kurangira Man City inyagiwe imvura y’ibitego 5-1.
Uko gutsindwa bivugwa ko byaba bifitanye isano n’uko rutahizamu Sergio Aguero atagaragaye mu kibuga ngo abe yabasha gucungura ikipe ya Man City dore ko ajya atabara aho rukomeye . uko kwigaragaza bikaba byatumye yongera amasezerano mu ikipe ya Man City.

Uyu musore ukomoka mu gihugu cya Argentina yasinye amasezerano mu ikipe ya Manchester City mu 2011 avuye mu ikipe ya Atletico Madrid aho yatanzweho akayabo ka miliyoni 38 z’amayeRo, byanatumye arushaho kwamamara no gukundwa n’abafana.
Nk’uko uyu musore akomeje gushakishwa n’amakipe atandukanye, ariko we yemeza ko agikomeje gukinira ikipe abarizwamo aho yemeye kongera amasezerano y’imyaka 4 muri Man City, ayo masezerano akazatangira kubahirizwa muri Nyakanga 2016.
Aguero kugeza ubu yinjiza amayero 240,000 mu cyumweru kimwe, mu 2014 nibwo ikipe ya Barcelona yazanye igitekerezo cyo kugura uyu musore ariko biba iby’ubusa ahubwo Man city yemeza ko yemeye kumwongera umushahara yajyaga ahembwa. Si ibyo gusa kuko na Real Madrid yifuje kuba yagura uyu musore ariko biranga.

Mu irushanwa rya Premier league ribanziriza iry’iki gihe Aguero yabashize gutsinda ibitego 26 aza no kugira uruhare rw’ibitego14 byatsinzwe n’abandi bakinnyi, ibyo byatumye agirirwa ikizere n’umutoza Manuel pellegrini, kandi yongeraho ko kuba uyu mukinnyi yaba yaragize ikibazo cy’imvune ngo yaba ariyo mpamvu nyamukuru Man city yaratsinzwe kuri iki cyumweru ibitego 5-1 mu irushanwa rya FA cup.
Kugeza ubu Man City iri kumwanya wa 4 n’amanota 47 ikaba irushwa amanota 6 na Leicester iri ku mwanya wa mbere.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


