Hussein Radjabu yigaramye abamushinja kuba hamwe na Gen Godefroid Niyombare

Sangiza iyi nkuru

Hussein Rajdabu ni umwe mu batavuga rumwe na Leta y’u Burundi akaba yarabaye umwe mu bagaragaje ko badashyigikiye Perezida Nkurunziza kuri manda ya 3, mu gihe yashinjwaga kuba hamwe na Gen Niyombare Godefroid yabihakanye yivuye inyuma.
Mu gihe Radjabu yashinjwa kuba hamwe na Gen Niyombare na Alex Sinduhije ndetse ko ari nabo bategura ibitero byo kujya guhungabanya umutekabo w’igihugu, avuga ko ntaho ahuriye nabyo ahubwo akabigereka ku rwego rushinzwe iperereza i Burundi.
Uyu mugabo Radjabu avuga ko ntaho ahuriye n’abajya kugaba ibitero ku Burundi, agatunga agatoki uwitwa Etienne Ntakarutimana uzwi ku izina rya Steve ukora mu rwego rw’iperereza ko ari we ubiri inyuma.

radjabu_muyinga5
Hussein Rajdabu

Ati: “ariya magerenade yose amaze iminsi aterwa mu gisagara cya Bujumbura ni imitego ya Petero Nkurunziza,…niyo mpamvu nshaka guhanura abo ba steve Ntakarutimana muri documentation n’abandi, hari amabi menshi akorwa aho hose muri za Kamenge,…hari abicirwa mu mazu yabo hari n’abicirwa hirya no hino,”.
Yakomeje avuga ko n’ubwo izo gerenade ziterwa mu Burundi zishyirwa ku mutwe w’abatavuga rumwe na Leta, ko hari iziba zatanzwe na Leta ya Nkurunziza zikajya guterwa mu baturage ku bw’inyungu zabo bwite.
Uyu Hussein Radjabu yigeze kuba umuyobozi mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD nyuma aza gutabwa muri yombi nyuma yo kutumvikana na perezida Nkurunziza kuri manda ya 3 ariko nyuma aza gucika aho yari afungiye muri gereza ya Mpimba ubu bikaba bivugwa ko yaba ari kumwe na Gen Niyombare Godefroid wari ugiye guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza ku wa 13 Gicurasi 2015.
Radjabu aherutse gutangaza ko akurikiranira hafi ibiri kubera mu Burundi, ndetse ngo akaba atewe impungenge n’ubugizi bwa nabi bukomeje kwiyongera mu gihugu n’itegurwa rya jenoside ishobora gukorerwa igice kimwe cy’abaturage.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *