RDC: Umusirikare ukomoka muri Malawi yirashe ahita apfa

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare ukomoka muri Malawi wari uri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirashe ahita apfa.
Mu masaha y’igitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 25 Nzeri 2017, nibwo Ngwira yirashe, aya makuru akaba yemezwa n’umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu gisirikare cya Malawi (MDF), Lt Paul Chiphwanya.
Nyuma y’ifoto y’uyu musirikare yagiye icicikana ku mbuga nkoranyambaga, Lt Paul Chiphwanya avuga ko icyaba cyarateye uyu musirikare kwirasa kitaramenyakana, ko kigikorwaho iperereza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Akomeza avuga ko uyu musirikare nta muntu muri bagenzi we uzwi bari bafitanye ibibazo.
Ikinyamakuru Nyasatimes, bwiza.com ikesha iyi nkuru gitangaza ko Ngwira w’imyaka 26 y’amavuko, winjiye mu gisirikare cya Malawi 2012, yoherejwe mu ikipe yoherejwe muri Congo mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro (Force Intervention Brigade (FIB) muri Gicurasi uyu mwaka.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *