Amerika irahakana gutangiza intambara kuri Korea ya ruguru

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihakana zitatangije intambara kuri Korea ya Ruguru, ku buryo ngo ibiri mur itangazo iki gihugu cyabivuzemo ari ububeshyi.
Ibiro by’umukuru w’igihugu wa Amerika kandi byasabye Korea ya ruguru ngo ihagarike gushotora iki gihugu, ivuga ko ifite uburenganzira bwo guhindura indege z’intambara za Amerika.
Umuvugizi wa Loni yavuze ko uko guterana amagambo bishobora gutuma haba intambara.
Korea ya ruguru yavuze ko ibibazo byavuka ku bushyamirane bwayo na Amerika byagorana kubihagarika nkuko bigaragara mu nkuru ya BBC.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Korea ya Ruguru, Ri Yong-ho yabwiye abanyamakuru ku wa mbere ko “Isi yose izibuka ko ari Amerika yatangiye bwa mbere gutangaza intambara ku gihugu cyacu”.
Ibyo yabivuze asubiza ibyo perezida wa Amerika Donald Trump yanditse ku rubuga rwe rwa twitt avuga ko Korea ya ruguru “nta gihe kinini isigaje” mu gihe abategetsi bayo bokomeza kwitwara nkuko babigenza.”
Mu misi ibiri ishize indege z’intambara za Amerika zaciye bugufi ya Korea ya ruguru mu kwerekana ingufu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu gihe yavaga i New York mu nama nkuru ya Loni, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Korea ya Ruguru, Ri Yong-ho yavuze ko igihugu gifite uburenganzira bwo guhanura izo ndege za Amerika mu gihe zitaba ziri mu kirere cy’icyo gihugu.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana — Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *