Mu turere dutandukanye hakozwe umuganda ngarukakwezi, ukorwa ku wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Gahunda yari itagenyijwe ni ugutaha inzu zagenewe abatishoboye muri gahunda y’umudugudu w’icyitegererezo. Uyu munsi kandi nibwo Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yifatanyije n’Abanyarwanda muri uwo muganda wanatangirijwemo Icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Rubavu
Abatuye Umurenge wa Nyundo bifatanyije na Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James na Depite Bishagara mu gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo.

Huye
Perezida wa Sena, Bernard Makuza yitanyije na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’abatuye aka karere mu muganda wabereye mu Murenge wa Simbi.

Muhanga
Mu murenge wa Cyeza, abaturage basoje umuganda baganirijwe kuri gahunda zitandukanye zirimo icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, ndetse na Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko Rwanda Law Reform ibagezaho ikiganiro ku bijyanye n’izungurainabaha, inabaha umurongo utishyuzwa wo kuyitabaza wa 1910.


Gisagara
Muri aka karere, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yifatanyije n’abagatuye mu gutaha ku mugaragaro umudugudu w’icyitegererezo wa Ruhaha watujwemo abatishoboye bibumbiye mu miryango 120.


Minisitiri Nsengiyumva kandi yifatanyije n’abatuye i Mamba mu gikorwa cyo gutera imyumbati(Plant cassava seedling).

Bugesera
Perezida w’umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donathile yifatanyije n’abatuye aka karere ahakozwe ibikorwa bitandukanye birimo gutunganya umuhanda wangirijwe n’imvura uri mu Murenge wa Gashora mu Kagari ka Ramiro.

Umuganda usoza ukwezi wabereye mu mirenge yose y’aka karere. Muri Rubengera bifatanyije na Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR),Debonheur Jeanne d’Arc.
Rwamagana
Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge,
Muhire Louis-Antoine yitabiriye umuganda mu murenge wa Fumbwe muri aka karere, mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge.
Rusizi
Imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta yo mu Rwanda na mpuzamahanga yitabiriye uyu muganda
n’umuyobozi wawo mu Rwanda Ross Nathan bifatanyije mu muganda n’abatuye Umurenge wa Muhima ,mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Ntakirutimana Deus /Bwiza.com













































