Amafoto y'uko umuganda wagenze mu Rwanda no mu mahanga

Sangiza iyi nkuru

Mu turere dutandukanye hakozwe umuganda ngarukakwezi, ukorwa ku wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Gahunda yari itagenyijwe ni ugutaha inzu zagenewe abatishoboye muri gahunda y’umudugudu w’icyitegererezo. Uyu munsi kandi nibwo Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yifatanyije n’Abanyarwanda muri uwo muganda wanatangirijwemo Icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Gasabo
Umuganda wabereye i Gikomero muri aka karere, ahabereye ibikorwa bitandukanye birimo gutaha umudugudu wahawe abatishoboye. Uyu muganda kandi witabiriwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka.
min kabon
Minisitiri Kaboneka witabiriye uyu muganda
giko gikom gikomer gikomero
min ka
Polisi yitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso
police
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP Juvenal Marizamunda atanga amaraso

police 1 policee policeeee

Rubavu
Abatuye Umurenge wa Nyundo bifatanyije na Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James na Depite Bishagara mu gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo.
Kabarebe mu muganda kabarebe kabarebe.... kabarebe 1
Huye
Perezida wa Sena, Bernard Makuza yitanyije na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’abatuye aka karere mu muganda wabereye mu Murenge wa Simbi.
Huye
Muhanga
Mu murenge wa Cyeza, abaturage basoje umuganda baganirijwe kuri gahunda zitandukanye zirimo icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, ndetse na Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko Rwanda Law Reform ibagezaho ikiganiro ku bijyanye n’izungurainabaha, inabaha umurongo utishyuzwa wo kuyitabaza wa 1910.

muh
Munyentwari Maurice asobanura itegeko

Muha muhan
Gisagara
Muri aka karere, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yifatanyije n’abagatuye mu gutaha ku mugaragaro umudugudu w’icyitegererezo wa Ruhaha watujwemo abatishoboye bibumbiye mu miryango 120.
inzu gis
Gis Gisa
Minisitiri Nsengiyumva kandi yifatanyije n’abatuye i Mamba mu gikorwa cyo gutera imyumbati(Plant cassava seedling).
imyu imyu 1
Bugesera
Perezida w’umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donathile yifatanyije n’abatuye aka karere ahakozwe ibikorwa bitandukanye birimo gutunganya umuhanda wangirijwe n’imvura uri mu Murenge wa Gashora mu Kagari ka Ramiro.
BUG BUGE BUGE 1

Nyagatare
Muri aka karere hakozwe ibikorwa bitandukanye birimo gusiza ikibanza kizubakwamo ibyumba by’amashuri 7 n’ubwiherero 20 hagamijwe kwegereza abatuye Gikundamvura na Bushara amashuri.
Nyaga nyagat nyagatare nyagataree
Senateri Tito Rutaremara nyuma y’umuganda yabwiye abaturage ko “urugero Ingabo zari iza APR zaduhaye zifatanya n’izari zatsinzwe rwatumye natwe abaturage twunga ubumwe mu kwiyubakira u Rwanda.”
tito
Karongi

Umuganda usoza ukwezi wabereye mu mirenge yose y’aka karere. Muri Rubengera bifatanyije na Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR),Debonheur Jeanne d’Arc.

Karo

Rwamagana

Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge,
Muhire Louis-Antoine yitabiriye umuganda mu murenge wa Fumbwe muri aka karere, mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge.

‏
rwama

rwamag rwamagana

Rusizi

Muri aka karere, umuganda wibanze ku gukora imiyoboro y’amazi mu mudugudu wa Gombaniro. Mu bawitabiriye harimo Perezida wa Komisiyo y’Itorero ry’igihugu Bamporiki Edouard.

Imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta yo mu Rwanda na mpuzamahanga yitabiriye uyu muganda

Vision Fund Rwanda‏
n’umuyobozi wawo mu Rwanda Ross Nathan bifatanyije mu muganda n’abatuye Umurenge wa Muhima ,mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
vf vf 1 vf 3
VIZI
Imbuto Foundation na Unicef muri Kicukiro
Iyi miryango yahuriye mu muganda wabereye mu Murenge wa Nyarugunga mu karere ka Kicukiro.
imbuto imbuto 1 imbuto 2 imbuto 3
Uyu muganda kandi wakorewe mu Murenge wa Kanombe, wahuje Imbuto Foundation, Unicef n’abaturage. Uhagarariye Unicef mu Rwanda Ted Maly aganiriza abatuye i Kanombe.
uni
Burera
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yifatanyije n’abaturage bo mu karere Burera mu muganda.
gashumba
gashu gashumb
Nyabihu
Umuganda wabereye muri aka karere wibanze ku bikorwa bitandukanye. Bimwe mu byakozwe birimo gusiza ahazubakwa ibyumba by’amashuri.
nyabihu
Gicumbi
Urubyiruko rwitabiriye itorero ry’Abanyarwanda biga mu mahanga, ‘Indangamirwa’, bakoreye umuganda mu karere ka Gicumbi bari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney.
kaniga kaniga 1 kaniga 2 kaniga 3
Indangamirwa ku rwibutso rw’urugamba rwo kubohora igihugu, ku Murindi wa Byumba
indangamirwa zasuye urwibutso rwurugamba rwo kubohora igihugu ruri ku Murindi wa Byumba indangamirwa
indan indann
Muri aka karere kandi, Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston yitabiriye umuganda wabereye mu Murenge wa Mutete.
BUSI
Rulindo
Muri aka karere habereye umuganda, nyuma yawo abubakiwe inzu z’ikitegererezo (IDP MV) mu mudugudu waTabyuka batomboye buri wese amenya inzu ye.
rul ruli rulin
Mu mahanga
Nigeria
Abanyarwanda baba muri iki gihugu bazindukiye mu muganda mu Mujyi wa Abuja.
Abanyarwanda baba muri Nigeria mu muganda Abanyarwanda baba muri Nigeria abanyarwanda bo muri Abuja muri Nigeria nabo bitabiriye umuganda

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *