Tanzania: Abantu 9 bishwe n’inzoga abandi benshi bajyanwa mu bitaro

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Tanzania iratangaza ko kugeza ubu, abantu bagera ku 9 bamaze guhitanwa n’inzoga y’inkorano mu gihe bandi batatangajwe umubare bari gukurikiranwa n’abaganga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba baturage bo mu mujyi wa Dar es Salaam ngo banyweye iyi nzoga bari bashyizemo umuti uzwi nka “Gentian violet” (GV) ukaba usanzwe utanyobwa ahubwo usigwa ku mubiri wahumanyijwe n’udukoko, aba bo bakaba bari bawushyize mu nzoga ngo ikare kurushaho bityo bikaba bikekwa ko ari wo wabiteye.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko iyi nzoga isanzwe ikorwa hifashishijwe uruvange rw’imbuto, imboga cyangwa ibinyampeke, ariko hakaba hari abandi bongeramwo imiti yica cyangwa ikarishye kugira ngo ikare bityo abakunda ibisharira bahurure ari benshi.
Iyo nzoga bita isanzwe izwi ku izina rya “Gongo” inyobwa kurusha izindi nzoga kubera ko uburyo iba ikoze uyigereranije n’izindi bigatuma n’abayikora bagenda bongeramo ibindi bintu biboneye kugira ngo ikare kurushaho birimo n’ibibagiraho ingaruka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Leta ya Tanzaniya igaragara nk’iyananiwe guhagarika iyi nzoga kuko usanga inyobwa mu bice bitandukanye by’igihugu ndetse hamwe na hamwe ikanyobwa rwihishwa, ndetse na bamwe mu bayobozi bakayirwanyije nab o bakaba bayinywa cyangwa bayicuruza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *