Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi bari mu buhungiro bibumbiye mu cyiswe CNARED ntibavuga rumwe na guverinoma y’u Burundi nyuma y’aho Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon atangarije kuri uyu wa Kabiri ko perezida Nkurunziza yemeye kuganira n’abatavuga rumwe nawe.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja perezida Nkurunziza ko yemereye Ban Ki-moon ko yemeye kuganira n’abamurwanya, ariko ngo akaba ashaka guhitamo abo aganira nabo ashinja abandi guhungabanya umutekano nk’uko perezida wa CNARED, Léonard Nyangoma yabitangarije AFP kuri telephone.
Nyangoma yagize ati: “Avuga ikintu kimwe n’ikinyuranyo cyacyo kuko ibiganiro bidaheza bigirwamo uruhare n’abarebwa n’ikibazo cy’u Burundi bose,”.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yari yaje mu Burundi kugerageza gushaka umuti w’ibibazo bimaze amezi agera ku 10 byibasiye u Burundi, akaba yari yatangaje ko perezida Nkurunziza yemeye ibiganiro nyuma yo kubonana nawe.
Nyamara, perezida Nkurunziza kuri uyu wa kabiri we yatangaje ko ibi biganiro bireba Abarundi bose, usibye abashinjwa ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko bigaragara neza ko perezida Nkurunziza atifuza ibiganiro bya nyabyo byazanira u Burundi amahoro, akaba ari yo mpamvu ngo basaba Umuryango Mpuzamahanga gufata ingamba zikwiriye ngo Nkurunziza yemere ibiganiro bya nyabyo nk’uko Nyangoma yakomeje avuga.
Yakomeje asaba Umuryango Mpuzamahanga gufatira ibihano u Burundi mu bijyanye no kugura intwaro n’amasasu, ndetse no gusubiza iwabo ingabo z’u Burundi ziri mu bikorwa byo kubungabunga umutekano muri Somalia no muri Centrafrica kuko ngo ayo mafaranga ari yo Nkurunziza akoresha mu kugirira anabi abaturage be.
Nyangoma yanasabye ko umushinjacyaha mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha yatangira iperereza ku byaha byinshi byibasira inyokomuntu bikorwa n’ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza kandi ababigiramo uruhare bagakurikiranwa.
Ibibazo byugarije igihugu cy’u Burundi byatangiye muri Mata 2015 nyuma y’uko perezida Nkurunziza yari amaze gutangaza ko aziyamamariza indi manda yaje no gutorerwa muri Nyakanga, ariko havutse imyivumbagatanyo y’abadashyigikiye iyi manda ivukamo ubugizi bwa nabi hagati yabo n’inzego z’umutekano, aho abantu 400 bivugwa ko bishwe mu gihe abagera ku 240,000 bahunze igihugu nk’uko byemezwa na Loni.
Ihuriro CNARED rivuga ko riharanira iyubahirizwa ry’amasezerano ya Arusha ndetse n’igihugu kigendera ku mategeko mu Burundi, ryashinzwe muri Kanama 2015, ni ryo huriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ry’ingenzi, haba mu Burundi no hanze, aho rihuriwemo n’amashyaka ya politiki yose adashyigikiye iyi manda perezida Nkurunziza ari kuyobora, ukuyemo ishyaka rya FNL rya Agathon Rwasa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


