Abatavugarumwe n’ubutegetsi muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kuri bashinja Perezida Joseph Kabila ko yakoze icyaha gikomeye nk’umukozi w’igihugu.
Ni nyuma y’aho komisiyo ishinzwe gutegura amatora itangarije ko atazaba mbere y’umwaka w’2019.
Nubwo amahanga akomeza gusaba ko indangaminsi y’aya matora yatangazwa. Itangazo ry’iyi komisiyo ryishe amasezerano yabaye hagati y’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo yo kuwa 31 kigarama 2016 yari yavugaga ko amatora azatangazwa igihe azabera mu mpera z’uyu mwaka wa 2017.
Félix Tshisekedi uyoboye ihuriro “Rassemblement” rihuriyemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi avuga ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa, umukuru w’iyui komisiyo batangaje intambara ku banyacongo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yabitangaje kuri uyu wa kane mu nama y’abategetsi b’iryo huriro i Kinshasa. Muri iki gihugu hashobora kuba hagiye kuba imyigaragambyo idasanzwe nkuko bikomozwaho n’abantu batandukanye. Hagati aho ku mbuga nkoranyambaga hari gutambuka ubutumwa buhamagarira abamtu kwitabira iyo myigarambyo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


