Abasirikare babiri baturutse muri Leta zunze Ubumwe za Amerika baburiwe irengero mu myitozo ya gisirikare ibera muri Maroc, nk’uko ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika bushinzwe Afurika (AFRICOM) bwabitangaje.
Abayobozi bavuga ko Abanyamerika baburiwe irengero bari bitabiriye “African Lion 2026”, imyitozo ngarukamwaka igamije gushimangira ibikorwa hagati y’ingabo za Amerika, ibihugu by’abafatanyabikorwa bya NATO, ndetse n’ibihugu bya Afurika.
AFRICOM yavuze ko baburiwe irengero kuri uyu wa Gatandatu ushize hafi y’ikigo cy’imyitozo cya Cap Draa, kiri hafi y’umujyi wa Tan Tan muri Maroc.
Abayobozi bavuga ko ubutumwa bwo gushakisha no gutabara burimo gukorwa ku butaka, ikirere, n’amazi n’inzego za Amerika, Maroc ndetse n’ibindi bihugu bukomeje nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.
Kuri iki Cyumweru, AFRICOM yagize iti: “Ibyabaye biracyakurikiranwa kandi ubushakashatsi buracyakomeza.”
Abayobozi bemeza ko ibyabaye ari impanuka kandi atari igikorwa cy’iterabwoba cyangwa gushimuta, nk’uko umuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzi icyo kibazo yabitangarije BBC.
“African Lion” ni yo myitozo ngarukamwaka ihuriweho yagutse ibera ku mugabane wa Afurika, ikakirwa n’ibihugu birimo Maroc, Ghana, Senegal na Tunisia.
Yibanda ku bikorwa byose, gukemura ibibazo, no guhuza ibihugu byinshi kugirango umutekano w’akarere wiyongere kandi hitegurwa icyaba cyose.
Iyi myitozo yatangiye kuwa 27 Mata ikazageza ku itariki 8 Gicurasi, irimo abasirikare 5.000 baturutse mu bihugu birenga 40 ndetse n’abafatanyabikorwa barenga 30 b’inganda za gisirikare zikorera muri Amerika.


