Leta ya Tanzania yahagaritse ikinyamakuru cya Kane, “Tanzania Daima”

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Guverinoma ya Tanzania, Dr Hassan Abbasi yatangaje ko ikinyamakuru Tanzania Daima cyandikaga mu rurimi rw’igiswahili gihagarara kubera amakuru giherutse gutangaza bivugwa ko akocamye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nubwo guverinoma ya Tanzania nta makuru yatangaje iki kinyamakuru gishinjwa gutangaza, ngo cyari kimaze kubigira akamenyero gutangaza amakuru leta ivuga ko adafitiwe guhamya ndetse iki kinyamakuru ntigitinye no kuyakwirakwiza gikoresheje imbuga nkoranyambaga.
Mu minsi yashize, ni bwo ikigo gishinzwe ibijyanye n’itumanaho muri Tanzania cyatangaje ko iki kinyamakuru gitangaza amakuru mabi bityo ku munsi w’ejo tariki ya 25 Ukwakira, akaba ari bwo umuvugizi wa guverinoma yatangaje ko gihawe iminsi igera kuri 90 yo kuba guhagaritse ibikorwa bya cyo cyo gutangaza amakuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iki kinyamakuru gishinjwa gutangaza inkuru zisa n’izisebanya cyangwa zuzuyemo ibinyoma, birimo imwe muri zo cyatangaje mu mpera z’icyumweru gishize ivuga ko hejuru ya 80% by’Abanyatanzania badashyigikiye impinduka mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Iki kibaye ikinyamakuru cya 4 muri uyu mwaka gihagaritswe muri Tanzania kizira gutangaza amakuru atizewe, mu byafunzwe mbere hakaba harimo ibyashinjwaga kucuga amagambo mabi ku mukuru w’igihugu, kuri perezida Trump n’ibindi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *